UMUNARA W’UMURINZI Kanama 2009

INGINGO Y'IBANZE

Ese amadini yose ni ay’ukuri?

ese amadini yose agana ahantu hamwe? suzuma icyo Yesu yavuze kuri iyo ngingo.

INGINGO Y'IBANZE

Idini ry’ukuri rifasha abantu gukurikiza amahame yo mu rwego rwo hejuru arebana n’iby’umuco

Soma icyo Bibiliya yigisha ku birebana nʼishyingiranwa, gutana kwʼabashakanye nʼubusambanyi.

INGINGO Y'IBANZE

Idini ry’ukuri rifasha abantu kugaragaza urukundo rwa kivandimwe

Ni irihe dini ryigisha abayoboke baryo kwirinda amacakubiri ashingiye kuri politiki, ivanguramoko nʼinzego zʼimibereho?

INGINGO Y'IBANZE

Idini ry’ukuri rifasha abantu kubaha Ijambo ry’Imana

Yesu yagaragaje ko Ijambo ry’Imana ari ryo Bibiliya, rigomba kubahwa. Ese hari idini ryo muri iki gihe rimwigana?

IBANGA RYO KUGIRA IBYISHIMO MU MURYANGO

Uko mwakoresha neza amafaranga

Uko mukoresha amafaranga bikunze guteza ubwumvikane buke mu muryango. Suzuma ukuntu Bibiliya isshobora kubafasha gukemura ibibazo bifitanye isano nʼamafaranga.

Ese wemera ko Imana ikuvugisha buri munsi?

Menya uko gusoma Bibiliya buri munsi byakugirira akamaro

JYA WIGISHA ABANA BAWE

Rahabu yumvise inkuru z’ibyo Imana yakoze

Ni iki cyatumye Rahabu ahisha abatasi bʼAbisirayeli?